Urubanza rwa Thomas Lubanga ruzacibwa muri uku kwezi
By Patrick Muneza - Fri Mar 02, 9:53 am
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rukorera i La Haye ruratangaza ko ruzaca urubanza rwa Thomas Lubanga wahoze ayobora abarwanyi bo mu mutwe wa UPC muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo ku ya 14 muri uku kwezi.
Ku munsi w’icibwa ry’uru rubanza akaba aribwo bizamenyekana ko uyu Thomas Lubanga ahamwe n’ibyaha ashinjwa cyangwa abaye umwere.
Thomas Lubanga akaba akurikiranyweho ibyaha byo gushyira abana bari munsi y’imyaka 15 y’amavuko mu gisirikare n’ibindi byahitanye abatari bake mu karere ka Ituri hagati ya Nzeli 2002 na Kanama 2003.
Uyu Thomas Lubanga akaba yaratawe muri yombi mu mwaka wa 2006 ari nabwo yahise yoherezwa mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw’i La Haye mu Buholandi, urubanza rwe rukaba rwaratangiye ku ya 26 Mutarama 2009.
Foto : in2eastafrica




